Umunsi.com
U Rwanda na RDC byasuzumye aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Washington rigeze
Inkuru ku Rwanda

U Rwanda na RDC byasuzumye aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Washington rigeze

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 249 min gusoma
U Rwanda na RDC byasuzumye aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Washington rigeze

Abahagarariye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nama ya gatanu ya Komite ihuriweho ishinzwe gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi rigeze.

Aya masezerano yasinyiwe i Washington muri Kamena 2025, agamije kugabanya umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi no gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Congo.

Inama yabaye ku wa Kane tariki ya 23 Mata 2026 yahuje intumwa z’ibihugu byombi, izo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’umuhuza, Qatar, ndetse na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ihagarariwe na Togo, ifite inshingano zo kuba umuhuza muri ibi bibazo.

Amasezerano yashyizweho ku wa 27 Kamena 2025 ashyiraho umurongo wa dipolomasi ugamije kugabanya umwuka mubi, hibandwa ku kurandura umutwe wa FDLR ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo.

Nk’uko byagaragajwe mu itangazo rihuriweho, impande zombi zasuzumye intambwe imaze guterwa kuva ku nama iheruka yabaye hagati ya tariki ya 17 na 18 Werurwe 2026 i Washington. Zatangaje ko hatanzwe amakuru mashya ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zigamije kugabanya umwuka mubi, nubwo hatatanzwe ibisobanuro birambuye ku byagezweho.

Inama yanakiriye amakuru yatanzwe na Qatar ku biganiro biri kuba hagati ya Guverinoma ya RDC n’umutwe wa AFC/M23, bifatwa nk’ibyunganira ibiganiro bya Washington.

Ibi biganiro bigamije gukemura ibibazo by’amakimbirane mu Burasirazuba bwa Congo, birimo no gusenya umutwe wa FDLR, wakunze kugaba ibitero bihungabanya umutekano w’u Rwanda, unashinjwa kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Komite yashimye kandi imbaraga zashyizwe mu biganiro byabereye mu Busuwisi kuva ku wa 13 kugeza ku wa 17 Mata 2026, nyuma yo kwimurwa bivanywe i Doha kubera ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati, nubwo kugeza ubu bitaragaragaza umusaruro ugaragara mu guhagarika imirwano.

Abitabiriye iyi nama bashimangiye ko hakenewe gukomeza imbaraga mu nzira y’amahoro, mu gihe ibikorwa byo gushyira mu bikorwa ayo masezerano bikomeje.

U Rwanda rumaze igihe rugaragaza impungenge z’umutekano warwo zituruka ku kuba umutwe wa FDLR ugikorera muri RDC no ku bufatanye ushinjwa kugirana n’ingabo za RDC mu kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

54964325770_adcd1ed975_k-8f67f.jpg

reif-eaf02.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize