
Abahagarariye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nama ya gatanu ya Komite ihuriweho ishinzwe gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi rigeze.
Aya masezerano yasinyiwe i Washington muri Kamena 2025, agamije kugabanya umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi no gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Congo.
Inama yabaye ku wa Kane tariki ya 23 Mata 2026 yahuje intumwa z’ibihugu byombi, izo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’umuhuza, Qatar, ndetse na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ihagarariwe na Togo, ifite inshingano zo kuba umuhuza muri ibi bibazo.
Amasezerano yashyizweho ku wa 27 Kamena 2025 ashyiraho umurongo wa dipolomasi ugamije kugabanya umwuka mubi, hibandwa ku kurandura umutwe wa FDLR ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo.
Nk’uko byagaragajwe mu itangazo rihuriweho, impande zombi zasuzumye intambwe imaze guterwa kuva ku nama iheruka yabaye hagati ya tariki ya 17 na 18 Werurwe 2026 i Washington. Zatangaje ko hatanzwe amakuru mashya ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zigamije kugabanya umwuka mubi, nubwo hatatanzwe ibisobanuro birambuye ku byagezweho.
Inama yanakiriye amakuru yatanzwe na Qatar ku biganiro biri kuba hagati ya Guverinoma ya RDC n’umutwe wa AFC/M23, bifatwa nk’ibyunganira ibiganiro bya Washington.
Ibi biganiro bigamije gukemura ibibazo by’amakimbirane mu Burasirazuba bwa Congo, birimo no gusenya umutwe wa FDLR, wakunze kugaba ibitero bihungabanya umutekano w’u Rwanda, unashinjwa kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.
Komite yashimye kandi imbaraga zashyizwe mu biganiro byabereye mu Busuwisi kuva ku wa 13 kugeza ku wa 17 Mata 2026, nyuma yo kwimurwa bivanywe i Doha kubera ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati, nubwo kugeza ubu bitaragaragaza umusaruro ugaragara mu guhagarika imirwano.
Abitabiriye iyi nama bashimangiye ko hakenewe gukomeza imbaraga mu nzira y’amahoro, mu gihe ibikorwa byo gushyira mu bikorwa ayo masezerano bikomeje.
U Rwanda rumaze igihe rugaragaza impungenge z’umutekano warwo zituruka ku kuba umutwe wa FDLR ugikorera muri RDC no ku bufatanye ushinjwa kugirana n’ingabo za RDC mu kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.


