
Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.
Mu butumwa Knowless Butera yanyujije ku mbuga Nkoranyambaga ze yabwiye umugabo we amagambo akomeye agaragaza ko amushimira urukundo yamuhaye muri iyo myaka 10 ndetse na 15 bamaze baziranye. Mu magambo ye , Butera Knowless yanditse ati:”Woow ! Mbega impano nahawe n’imyaka yose itambutse !
Ntabwo ari uko buri kimwe cyari gitunganye ariko muri buri gihe twagiye twubaka, tugakura, kandi tukarota ndetse tukanahitanamo uko byagendaga kose. Nsubije amaso inyuma , nabonye ikiganza cy’Imana mu nkuru yacu. Yabaye umuntu udasanzwe kuri njye aba umwizerwa, kuko sinigeze nifuza kugira undi nkorana na we ikintu muri ubu buzima utari we”.
“Ndashimira Imana yamumpaye, ikaduhuza ikampa inshuti magara mu buzima bwajye, ikampa unyitaho mu bihe bibi, urirana nange,usekana nange kandi akaba umuntu wange mwiza wo gukina na we”. Butera Knowless yakomeje agira ati:”Ni umuntu ushobora kumbonera kure ndi mu gikundi cy’abantu agatangira kumvugish (…….. ).
Turarebana , tukaganira tugatangira guseka tuvuga, abantu bakatwibazaho. Ndashimira Imana yaduhaye umugisha ikaduha abakobwa beza, ikatugirira icyizere cyo kwitwa ababyeyi. Ndashimira Imana ya yoboye intambwe zacu”.
Butera ati:”Umutima wanjye wuzuye ishimwe ku byo twanyuzemo, kandi nishimiye cyane ibyo Imana igiye gukomeza kutugezaho”. Butera Knowless yashimiye cyane Nel Ngabo wababereye umwana ndetse akabafasha byinshi. Abwira Ishimwe Clementine ngo “Ndagukunda cyane uyu munsi kurenza ejo hashize kandi nzakomeza kugukunda ejo hazaza”.
Butera Knowless ni umwe mu bahanzikazi bakomeye muri muzika Nyarwanda. Yavutse ku mazina ya Butera Jean d’Arc, ni umugore w’imyaka 35 y’amavuko.











