
Itsinda rya The Same na Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.
Indirimbo 'Weekend' yahuje The Same na Keyg Lemonde wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba ari mu bahanzi bari kuzamuka neza by'umwihariko mu Mugi wa Goma ndetse n'itsinda The Same [ Jay Fary na Jay Luv] rikaba ari rimwe mu matsinda akorera umuziki mu Rwanda amaze imyaka itari mike.
Iyi ndirimbo (Weekend) igamije gutanga ubutumwa busaba abantu kugira ibyishimo n'ubwisanzure. Ubutumwa burimo kandi bugaragaza ko iyo weekend igeze, abantu baba bifuza kuruhuka no kwishimana n'inshuti n'imiryango, aho kugira amatiku hagati y'abo, amakimbirane cyangwa 'Umujagararo'.
Nk'uko bishimangirwa na Jay Luv wo muri The Same aganira na UMUNSI. COM ngo indirimbo 'Weekend', yuje ubutumwa bwagenewe abantu bose kuko ngo aho Isi igeze, buri wese aba akwiriye kwita ku buzima bwe nyuma y'akazi birinda abantu gushyamirana.
Jay Luv yagize ati:"Iyi ndirimbo twahuriyemo na Keyg Lomonde irimo ubutumwa twatuye buri wese yaba Umunyarwanda cyangwa uwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko twifuje ko abantu bajya bagira igihe cyo kuruhuka.
Iyi ndirimbo yacu isaba abantu kugira igihe cyo gusohoka, kwidagadura, kurya, kunywa no kwishimira ubuzima mu mahoro".
Yakomeje agira ati:'Weekend' ni ikimenyetso cy'ubufatanye hagati y'abahanzi bo mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC] igamije guteza imbere umuziki wo mu Karere no gukomeza kubaka umubano mwiza hagati y'Ibihugu byombi bihereye mu mpano z'urubyiruko".
Mu buryo bw'amajwi indirimbo 'Weekend', yakozwe na Logic Hit It , amashusho ayoborwa na 13Director , yungirizwa na TheToto.
Mu bandi bagize uruhare kuri iyi ndirimbo mu kwita ku bahanzi barimo Divin Beauty&Happiness , Toj Fashion & Flok Design na Believe Dance ndetse na Bakora.












