
Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.
Kendall yahamije ko ubwo yajyaga abaza A$AP Rocky ku byerekeye urukundo no kuba bategura ahazaza harimo no gupanga uburyo bwo kugira abana, Rocky yahitaga amuseka cyane cyangwa akamusaba ko ahindura ibitekerezo, ngo ibintu byatumye yemeza ko kubana kwabo kwari kuzagorana.
Umunyamakuru yamubajije ati:"Urimo kubona uburyo uwo mwahoze mukundana (A$AP) Rocky yishimanye n'umukunzi we (Umugore we ) Rihanna hamwe n'abana babo.... Ese ntibyaba bisobanuye ko ari wowe wari mubi mu gikundana?
".
Undi na we atazuyaje yahise amusubiza ati:"Oya ntabwo narindi ikibazo. Ahubwo ni urukundo rwaje mu gihe kitaricyo.
Ikintu gikomeye si ukumubona yishimye arimo guha undi muntu ibintu byiza yansezeranyije ntabikore kandi narabyifuzaga iteka ryose".
"Iyo twabaha turimo kuganira , nkagaruka ku kiganiro cyo gukora ubukwe tukagira abana, yahitaga ahindura icyo tuganiraho. Icyo gihe nibwo nahise menya ko ahazaza hacu hatari kuzakunda twembi".
Kuri Kendall Jenner ngo kubona A$AP Rocky yishimanye n'undi muntu biramurya ariko nanone bikamwemeza ko we atigeze ahabwa umwanya uhagije.
Ati:"Burya rimwe na rimwe ntabwo abantu bahunga inzozi z'ejo hazaza ahubwo bazangana nawe ubwawe".
ASAP Rocky amaze igihe agaragara mu bihe byiza hamwe na Rihanna bamaze kubyarana abana batatu baje bihuta cyane. .












