Umuhanzi Mani Martin yaganiriye na  Amb. Mukasine Marie Claire mu Buyapani aho amaze iminsi
Imyidagaduro

Umuhanzi Mani Martin yaganiriye na Amb. Mukasine Marie Claire mu Buyapani aho amaze iminsi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 165 min gusoma
Umuhanzi Mani Martin yaganiriye na  Amb. Mukasine Marie Claire mu Buyapani aho amaze iminsi

Mani Martin uri mu rugendo rw’ibitaramo n’ibikorwa byo kumurika Album ye nshya Rebirth mu Buyapani, yatangaje ko yagiranye ibiganiro n’Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Mukasine Marie Claire, anashimira uburyo yamwakiriye n’uburyo yakomeje kumutera imbaraga muri uru rugendo.

Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2026, Mani Martin yavuze ko ubwo yavaga mu Ntara ya Miyazaki yerekeza i Fukushima, yabonye umwanya wo guhura n’uyu mudipolomate w’u Rwanda.

Yagize ati: "Mu rugendo rwanjye nvuye muri Miyazaki mu majyepfo y’u Buyapani njya i Fukushima mu majyaruguru y’iki gihugu, nagize amahirwe yo gusuhuza Nyakubahwa Marie Claire Mukasine, Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani. Ndashimira cyane uburyo yankiriye neza n’umugisha w’u Rwanda yansangije muri icyo gihe twagiranye."

Aya magambo agaragaza ko Mani Martin afata uru rugendo nk’ururenze ibitaramo gusa, ahubwo ko ari n’umwanya wo gukomeza kubaka umubano n’Abanyarwanda batuye cyangwa bahagarariye igihugu mu mahanga, ndetse no gukomeza kumenyekanisha umuco n’umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’igitaramo Mani Martin yakoreye muri Miyazaki International University ku wa 11 Nyakanga 2026. Iki gitaramo cyabereye mu nyubako y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubusabane (International Exchange Center), cyitabirwa n’abanyeshuri, abarimu ndetse n’ababyeyi bagize umuryango mugari w’iyi kaminuza.

Miyazaki International University ni kaminuza yigenga yashinzwe mu 1994, izwiho gutanga uburezi bushingiye ku ndangagaciro zirimo kubaha abandi, umurimo n’ubufatanye mpuzamahanga. Yigisha amasomo menshi mu Cyongereza kandi ikakira abarimu n’abanyeshuri baturutse mu bihugu bitandukanye, ibintu byayigize kimwe mu bigo byigisha bifite isura mpuzamahanga mu Buyapani.

Ni kaminuza kandi ishyira imbere ibikorwa byo kungurana ibitekerezo no kubaka umubano hagati y’Abayapani n’abaturuka mu bindi bihugu, ari na yo mpamvu igitaramo cya Mani Martin cyafashwe nk’umwanya mwiza wo guhuza umuziki n’umuco.

Mu rugendo arimo, Mani Martin akomeje gusobanura ubutumwa bukubiye muri Album ye Rebirth, avuga ko ari umushinga wavutse nyuma y’igihe kinini cyo kwisuzuma no kongera kubaka ubuzima bwe.

Uyu muhanzi avuga ko yigeze gufata umwanya wo kuva mu buzima bwo guhora ari mu ruhame no mu bikorwa byinshi, kugira ngo abanze yisobanukirwe neza, akire ibikomere yanyuzemo kuva mu bwana, ndetse yongere kubona amahoro yo mu mutima.

Kuri we, Rebirth ntabwo ari Album y’indirimbo gusa, ahubwo ni inkuru y’ubuzima bwe. Ni ubutumwa bushishikariza abantu kwemera amateka yabo, gukira ibikomere, kwiyakira no kongera kubaka icyizere cy’ejo hazaza.

Mani Martin avuga ko mu rugendo rwe rw’umuziki no mu buzima yagiye afashwa n’abantu batandukanye. Mu bo ashimira harimo Rev. Antoine Rutayisire, wamubaye hafi akiri umwana utangiye kuririmba.

Nyuma y’imyaka myinshi bongeye guhura, Mani Martin yavuze ko bagiranye ibiganiro byamufashije gusobanukirwa ko ubuzima bwuzuye butangirira imbere mu muntu. Yungutse isomo ry’uko amahoro nyakuri atagerwaho umuntu agifite imitwaro y’ibyahise, ahubwo ko bisaba kwemera gukira no kurekura ibimuremereye.

Ni imwe mu mpamvu avuga ko ubutumwa bwa *Rebirth* bwubakiye ku kongera kuvuka mu mitekerereze no mu mibereho.

Uretse kuba ari umuhanzi, Mani Martin yanitabiriye gahunda zitandukanye mpuzamahanga zamwongereye ubumenyi ku miyoborere, ubuyobozi bushingiye ku ndangagaciro no gukorera abandi.

Yabaye umwe mu bitabiriye gahunda ya Dalai Lama Fellowship muri Kaminuza ya Virginia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yize uburyo umuntu ashobora kuyobora no gukorera abandi akoresheje impuhwe, ubushishozi n’indangagaciro z’ubumuntu.

Yanabaye umushakashatsi wungirije mu mushinga wa Japan International Cooperation Agency (JICA) ku burezi n’imikurire y’abana bato mu Rwanda. Uwo mushinga wamwegereje ubuzima bw’abaturage bo mu byaro ndetse umufasha kumva neza inkuru n’ibibazo by’abana b’Abanyarwanda.

Nyuma yaho yongeye kwitabira gahunda ya Art Rwanda Ubuhanzi ya Imbuto Foundation, aho yahuriye n’abandi bahanzi batandukanye, ibikorwa bye bikomeza kwaguka ndetse n’urugendo rwe rw’ubuhanzi rufata indi ntera.

Uru rugendo ari kugirira mu Buyapani rukomeje kuba urwo kumenyekanisha Album *Rebirth*, ariko nanone rukaba amahirwe yo gukomeza kugaragaza umuziki nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga no gukomeza kubaka umubano n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo n’abahagarariye u Rwanda mu mahanga.






Inkuru zerekeye

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana
Imyidagaduro

‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana

Umuhanzi Diamond Platnumz, Simba, yahaye Zuchu wa mubyariye umwana,agera kuri 43,908,450 RWF nk'igihembo cy'ishimwe ubwo bari mu birori byo kwizihiza umwana wari utari wavuka. Ni ibirori byabaye ku wa 31 Nyakanga 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize

Inkuru zishyashya

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha

JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.

ADAM Yannick2026 Kanama 1
‎Urukundo rwa Cia rwari rwiza cyane ari intangarugero ariko rurangira nabi ,  ubuzima burahinduka.
Inkuru z'urukundo

‎Urukundo rwa Cia rwari rwiza cyane ari intangarugero ariko rurangira nabi ,  ubuzima burahinduka.

Abantu benshi bakundaga kuvuga ko urukundo rwa Cia rwari nk'inzozi kuri bo kuko we n'umukunzi we bahoranaga inseko mu buzima bwabo, bagasangira ibihe byiza, ndetse benshi bakabafata nk'urugero rw'abashakanye babanye neza muri icyo gihe.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa

APR FC yarihagarariye u Rwanda yasezerewe n'ubwo yatsinze umukino wayo wa nyuma usoza itsinda.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda

Irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026 riri hafi kurangira. Hakaba hasigaye umukino umwe wo mu matsinda kugira ngo tumenye amakipe yageze muri 1/2.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30