
Irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026 riri hafi kurangira. Hasigaye umukino umwe kugira ngo hamenyekane amakipe ane agomba gukina 1/2.
Nyuma y'uko amakipe yose akinnye imikino ibiri mu matsinda yose, ntabwo biramenyekane neza,ngo nayahe makipe ane azakina imikino ya 1/2.
Uko bihagaze muri buri tsinda mbere y'uko bakina umukino wa nyuma mu matsinda ugomba kugaragaza amakipe ane azakina 1/2.
Mu itsinda rya Mbere (A)
Mu itsinda rya Mbere rigizwe na APR FC, VIPERS FC,GOR MAHIA FC na GARDÉ RÉPUBLIQUANE FC. Kugeza ubu biracyagoranye kumenya ikipe igomba kuyobora iri tsinda. Vipers FC kugeza ubu ifite amanota 6 n'ibitego 4 izigamye, APR FC ifite amanota 3 n'umwenda w'ibitego 3.
GOR MAHIA FC ifite amanota 3 n'ibitego 4 izigamye. Umukino wa nyuma usoza itsinda
VIPERS FC irakina na APR FC
GOR MAHIA FC irakina na GARDÉ RÉPUBLIQUANE FC
Vipers FC n'itsinda APR cyangwa bikanganya irahita ibona itike ya 1/2. Ariko mu gihe yatsindwa Gor Mahia FC igatsinda ubwo byasaba ko itegereza uko imikino yo muyandi matsinda irangira ngo irebe ko yaza makipe yitwaye neza.
Mu itsinda rya Kabiri (B)
Mu itsinda rya Kabiri (B) JAMUS FC yaratunguranye kuko iri mu makipe atarahabwaga amahirwe yo kuba yagera muri 1/2. Kugira ngo ibone itike ya 1/2 birayisaba gutsinda Mogadishu city FC ikagira amanota 7. Kuko inganyije Singida igatsinda yahita ifata umwanya wa Mbere n'amanota 6.
Singinda kugira ngo ibone itike ya 1/2 irasabwa gutsinda SIMBA FC ikagira amanota 6 noneho ikajya mu makipe yitwaye neza ya Kabiri mu gihe JAMUS FC yaba yatsinze.
Mu itsinda rya Gatatu (C)
Mu itsinda rya Gatatu (C) naho ntabwo birasobanuka neza hagati ya AL HILAL FC na Rayon Sports FC. Kugeza ubu zose zifite amanota 6 gusa AL HILAL FC ifite ibitego 6 izigamye naho Rayon Sports FC izigamye ibitego 3.
Mu mukino wa nyuma usoza itsinda AL HILAL FC izakina na Rayon Sports FC. Aha Rayon kugira ngo ikomeze muri 1/2 irasabwa gukora ikintu kimwe muri bibiri. Hari gutsinda umukino cyangwa se kunganya. Mu gihe yatsindwa yahita isezererwa.
Imikino isoza amatsinda iratangira tariki 30 Nyakanga kugeza tariki 1 Kanama. Imikino ikaba izajya ibera isaha imwe ku bibuga bibiri bitandukanye. Umukino umwe uzajya ubera kuri Stade Amahoro i Remera undi ubere kuri Kigali Pelé Stadium.
Iyi mikino yose wayikurikirana imbona nkubona kuri Azamtv. Biragusaba kugura Décodeur yayo niba utayifite cyangwa waba uyifite ukagura ifatabuguzi.
Ushaka kujya kuyireba wagura itike ukanze *939*
Cyangwa ukajya kuri












