
JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.
Ku wa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2026 nibwo hakinywe imikino isoza itsinda i rya Kabiri (B).
Imikino yose uko ari ibiri isoza itsinda yabereye isaha imwe ku bibuga bitandukanye,aribyo Stade Amahoro i Remera na Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo.
Mbere y'uko bakina iyi mikino isoza JAMUS FC niyo yari iyoboye itsinda kuko yarifite amanota 4/6 kuko yari yatsinze umukino umwe inganya undi. Mu gihe SINGIDA FC yari ku mwanya wa kabiri n'amanota 3/6 kuko yatsinze umukino umwe igatsindwa umwe. Naho SIMBA FC yari ku mwanya wa Gatatu aho yarifite amanota abiri kuko yanganyije imikino ibiri.
JAMUS FC ikinamo umunyarwanda Muhire Kevin ikomeje gutungurana kuva iri rushanwa ryatangira. Ntiratsindwa umukino n'umwe imaze gutsinda imikino ibiri inganya umukino umwe.
Yatangiye itungurana ubwo yatsindaga Singida FC 2-0 ku mukino wa mbere wo mu itsinda yarimo, yongera kunganya na SIMBA FC 0-0 mu gihe umukino wa nyuma wayihaye itike yatsinze Mogadishu City FC 2-1. JAMUS FC ntiyahabwaga amahirwe bitewe n'uko yari mu itsinda ryarimo ikipe yari yatwaye iri rushanwa umwaka ushyize wa 2025 ariyo SINGIDA FC ndetse na SIMBA FC yarimaze igihe ititabira iri rushanwa.
SIMBA FC yari ihanzwe amaso n’abakunzi bayo benshi, yakiniye kuri Stade Amahoro ndetse inabona intsinzi yakuye kuri SINGIDA FC ubwo yayitsindaga ibitego 2-1.
SIMBA FC yatsindiwe na Ibrahim DOUMBIA na , ariko iyi ntsinzi yasize isezerewe kuko JAMUS FC yatsinze Mogadishu City FC ibitego 2-1 bituma SINGIDA FC na SIMBA FC zose zisezererwa mu irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026.
JAMUS FC yahise iyobora itsinda n'amanota 7 aho nta gihindutse igomba guhura na AL HILAL FC kuko kugeza ubu twandika iyi nkuru niyo ya Mbere mu itsinda rya Gatatu (C).
Gor Mahia FC yamaze kugera muri 1/2. Itegereje ikipe izazamuka nk'ikipe nziza hagati ya VIPERS FC na RAYON SPORT FC kuko ubu twandika iyi nkuru Vipers FC na Rayon Sports FC ziranganya amanota 6 ndetse n'ibitego zizigamye. Gusa Rayon Sports FC yo ikaba itarakina umukino wayo wa nyuma igomba guhuramo na AL HILAL FC.
Kugira ngo Rayon Sports FC ikomeza muri 1/2 irasabwa gutsinda Al HILAL FC cyangwa kunganya nayo. Igihe yatsinda yazahura na JAMUS FC muri 1/2 naho igihe yanganya yahura na Gor Mahia FC.
Imikino ya 1/2 izabera kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 4 Kanama 2026. Mu gihe umukino wa nyuma uzaba ku wa gatandatu Tariki 7 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro i Remera aho uzabanzirizwa no gukina Umwanya wa gatatu. Tubibutse ko ikipe yegukanye irin rushanwa ihabwa igikombe n'ibuhumbi 30 by'amadorari.
Vipers FC n’ubwo yatsinzwe, izategereza kureba uko mu yandi matsinda abiri bazasoza imikino y’amatsinda.
APR FC yatsindiwe na Mamadou Traoré ku munota wa 38 na kapiteni wayo, Djibril Quattara ku munota wa 62 ariko iyi ntsinzi yasize isezerewe itarenze umutaru.
VIPERS FC yatsindiwe na Gusto Mulongo ariko icyo gitego ntabwo cyari gihagije kuko basabwaga byibura kunganya ngo bakatishe itike ya 1/2.
Gor Mahia FC yo ibifashijwemo na Paul Okoth ku munota wa Gatatu, yatsinze Garde Républicaine FC igitego 1-0 binayihesha kugera muri 1/2 aho itegereje kumenya ikipe izahura nayo mu makipe yasoreje ku mwanya wa Kabiri mu matsinda yose.
Vipers SC n’ubwo yatsinzwe, izategereza kureba uko mu yandi matsinda abiri bazasoza imikino y’amatsinda.
Gor Mahia FC yasoje ifite amanota atandatu n’ibitego bitanu izigamye, ikurikirwa na Vipers FC banganya amanota ariko yo ikazigama ibitego bibiri mu gihe APR FC ari iya Gatatu nayo n’amanota atandatu n’umwenda w’ibitego bibiri, mu gihe Garde Republicaine FC iza ku mwanya wa nyuma batsinzwe imikino yose bakaba bafite umwenda w’ibitego bitandatu. Imikino isoza amatsinda irakomeza uyu munsi aho mu itsinda rya Kabiri B naho bitaramenyekana ,gusa JAMUS FC ikaba ifite amahirwe yo kuba yarangiza iyoboye itsinda mu gihe yatsinda Mogadishu City FC. Naho Sindiga FC yatsinda SIMBA FC igategereza uko imikino yo mu itsinda rya Gatatu C izarangira kugira ngo hamenyekane ikipe yitwaye neza ya Kabiri. .












