
APR FC yarihagarariye u Rwanda yasezerewe n'ubwo yatsinze umukino wayo wa nyuma usoza itsinda.
Ku wa kane tariki 30 Nyakanga 2026 nibwo bakinnye imikino isoza itsinda rya mbere A.
Imikino yose uko ari ibiri isoza itsinda yabereye isaha imwe ku bibuga bitandukanye.
Mbere y'uko bakina iyi mikino isoza VIPERS FC niyo yari iyoboye itsinda kuko yarifite amanota 6/6 kuko yari yatsinze Imikino ibiri ibanza.
APR FC yari ihanzwe amaso n’abakunzi bayo benshi, yakiniye kuri Stade Amahoro ndetse inabona intsinzi yakuye kuri Vipers SC ubwo yayitsindaga ibitego 2-1.
APR FC yatsindiwe na Mamadou Traoré ku munota wa 38 na kapiteni wayo, Djibril Quattara ku munota w 62 ariko iyi ntsinzi yasize isezerewe itarenze kubera umwenda w'ibitego
Vipers FC yatsindiwe na Gusto Mulongo ku munota wa 40 ariko icyo gitego ntabwo cyari gihagije kuko basabwaga byibura kunganya cyangwa gutsinda ngo babone itike ya 1/2.
Gor Mahia FC yakiniye kuri Kigali Pelé Stadium yatsindiwe na Paul Okoth ku munota wa Gatatu, itsinda Garde Républicaine FC . Uyu mukino waje kurangira Gor Mahia FC iwutsinze ihita ibina itike ya 1/2.
Vipers FC n’ubwo yatsinzwe, izategereza kureba uko mu yandi matsinda abiri bazasoza imikino y’amatsinda.
Gor Mahia FC muri 1/2 izahura n'ikipe izaba yasoreje ku mwanya wa Kabiri mu matsinda yose ariko yitwaye neza kurusha izindi.
Uko itsinda rya Mbere ryarangiye
1. Gor Mahia FC yasoje ifite amanota atandatu n’ibitego bitanu izigamye, ik 2. Vipers FC banganya amanota ariko yo ikazigama ibitego bibiri mu gihe
3. APR FC ari iya Gatatu nayo n’amanota atandatu n’umwenda w’ibitego bibiri,
4. Garde Republicaine FC iza ku mwanya wa nyuma yatsinzwe imikino yose ikaba ifite umwenda w’ibitego bitandatu.
Imikino isoza amatsinda irakomeza uyu munsi aho mu itsinda rya Kabiri B naho bitaramenyekana ikipe igomba kuyobora itsinda ,gusa JAMUS FC ikinamo Muhire Kevin itarahabwaga amahirwe ikaba ifite amahirwe yo kuba yarangiza iyoboye itsinda mu gihe yatsinda Mogadishu City FC. Sindiga FC ifite igikombe irasabwa gutsinda SIMBA FC igategereza uko imikino yo mu itsinda rya Gatatu C izarangira kugira ngo hamenyekane ikipe yitwaye neza ya Kabiri. Mu itsinda rya Gatatu C naho ntibyoroshye gusa igihe amakipe yombi yanganya yahita abona itike ya 1/2.
Rayon Sports FC irasabwa kudakora ikosa iryo ariryo ryose kuko iramutse itsinzwe nayo yahita isezererwa itageze muri 1/2. Imikino yo mu itsinda rya Gatatu iteganyijwe kuba ku wa gatandatu tariki 1 Kanama 2026. Aho Rayon Sports FC izakina na AL HILAL FC kuri Stade Amahoro i Remera mu gihe Tusker FC izakina na KFZ FC kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo. .












